umu amakuru- Inzu ya Mobutu wahoze ari Perezida wa Zaire isigaye icumbitswemo ubucurama | Umusingi

Inzu ya Mobutu wahoze ari Perezida wa Zaire isigaye icumbitswemo ubucurama

Please enter banners and links.

Amakuru aturuka mu gihugu  cya DR.Congo cyahoze ari Zaire ni uko inzu ya Mobutu Seseseko wahoze ari Perezida w’icyo gihugu witabye Imana ubu inzu ye nziza icumbitsemo uducurama.

Muri politike ibintu birahinduka umunota ku wundi kandi iyo ukuwe kuri iyo ntebe y’icyubahiro akenshi usanga imitungo yawe iteshejwe agaciro nkuko imitungo ya Mobutu yateshejwe agaciro kandi yari inzu ihenze.

Bamwe mu baturage bavuganye n’Ikinyamakuru Umusingi bibaza impamvu inzu nziza nk’iriya idakoreshwa cyangwa igahabwa abakene bakayituramo aho kuyireka igacumbikwamo uducurama.

iyi yari piscine

Iyi nzu amakuru avuga ko yubatswe n’abafundi baturutse mu bihugu bitandukanye harimo abaturutse muri Israel n’abandi baturutse muri China n’ahandi hatandukanye ku buryo ari inzu ikomeye cyane kandi ihenze ndetse ikaba yubatse ku butaka bunini cyane nkuko mubizi Mobutu yari umuperezida ufite amafaranga menshi ariko w’umunyagitugu kubi.

Mobutu yakuwe ku butegetsi na Laurent Kabila nawe wishwe arashwe nyuma asimburwa n’umuhungu we Joseph Kabila nawe akaba aherutse gutanga ubutegetsi ku mahoro abuha Felix Tshisekedi ndetse Kabila abantu benshi n’amahanga bakaba baramushimye kwemera gutanga ubutegetsi ibintu bidakunze kuba muri Afurika.

Muhungu John-Kampala

7,415 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.