RSSB yemeje ko nta mwenda wa mituweli ibereyemo ibitaro
— January 22, 2016
Please enter banners and links.
Byagiye bivugwa kenshi ko umwenda Minisiteri y’Ubuzima yabaga ibireyemo ibigo by’ubuvuzi, amavuriro y’ibanze, ibigo nderabuzima n’ibitaro ariwo watumaga abaturage batabona imiti cyangwa ngo bitabweho, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda RSSB cyemeza ko kuva aho giherewe gucunga imisanzu ya mituweli tariki ya mbere Nyakanga 2015, nta mwenda kibereyemo ibitaro mu kwirinda amakosa yatumye bamwe bazinukwa ubwisungane bwa mituweli.
Mu kiganiro n’abanyamakuru hagaragazwa ibyavuye mu bukangurambaga bwakoze na RSSB mu gihe cy’amezi atatu mu gushishikariza abantu kwitabira gutanga umusanzu wa mituweli, habajijwe niba nta mwenda iki kigo kibereyemo ibigo by’ubuvuzi bikaba byatuma abaturage batavurwa neza.
Umuyobozi ushinzwe ubukangurambaga bwa mituweli muri RSSB, Nzahumunyurwa Pierre Claver, yatangaje ko nta mwenda RSSB ibereyemo ibigo by’ubuvuzi kuko uko inyemezabwishyu zije nyuma ya buri kwezi zihita zishyurwa ngo keretse haramutse hari ibitaro bitaje kwishyuza kandi ko nabyo bitakwitirirwa RSSB.
Ati ” Kugeza ubu nta mwenda tubereyemo ibitaro kuva twakwegurirwa gucunga imisanzu ya mituweli, keretse gusa uwaba ataraza kwishyuza kandi ntabwo ikosa ryaba riri kuri twebwe.”
Yakomeje avuga ko ikibazo kiba iyo hari ibisabwa bitujujwe neza, nka fagitire ikaba yasubizwa inyuma ngo ibanze ikosorwemo amakosa kandi na none amasezerano yemera ko fagitire yishyurwa mu minsi 30 uhereye igihe cyemeranyijweho n’impande zombi. Ikindi kibazo ni igihe banditse amakonti nabi cyangwa bagiye bayahindagura, amafaranga akagaruka.
Yakomeje atangaza ko igihe ibitaro biba byishyuwe neza, hanatangwa serivisi nziza bityo ibigo by’ubuvuzi ntibyimane imiti cyangwa ngo habeho imitangire mibi ya serivisi kuko baba bazi neza ko umwishingizi w’abarwayi (RSSB) yishyura neza kandi ku gihe nta mananiza.
Nzahumunyurwa ashimangira ko RSSB aho iherewe gucunga imisanzu ya mituweli, ishyize imbere ubukangurambaga n’imitangire myiza ya serivisi kugira ngo byibura abaturage bagire imyumvire myiza bumve ko nta gahato gahari ko gutanga umusanzu wa mituweli, ahubwo ko ari bo bifitiye akamaro.
RSSB yavuze ko imyenda ibigo by’ubuvuzi byari bisanzwe biberewemo na Minisiteri y’Ubuzima itazabibazwa ko bizishyurwa na Leta kuko RSSB izabazwa ibyakozwe guhera tariki ya Mbere Nyakanga 2015

3,614 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Gahunda igi ry’Umwana na Kundwa kibondo byagabanije imirire mibi mu Bana muri Sovu
Hubatswe ibigo nderabuzima 50 muri Huye na Nyamagabe mu myaka 7 ishize
99% by’akato n’ihezwa ku bafite virusi itera SIDA byarashize muri Koperative Girubuzima Nyange
Mu bantu 15750 bapimwe agakoko gatera SIDA 37 nibo basanganywe ubwandu bushya
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply