umu amakuru- Igisebo kuri Leta yanze kwishyura Nzabandora Alexandre ubwo abasirikare bamwamburaga imodoka ye ikajyanwa gutwara inkomere mu ntambara y’Abacengezi akaba atarayishyurwa | Umusingi

Igisebo kuri Leta yanze kwishyura Nzabandora Alexandre ubwo abasirikare bamwamburaga imodoka ye ikajyanwa gutwara inkomere mu ntambara y’Abacengezi akaba atarayishyurwa

Please enter banners and links.

Turwanye akarengane,wowe uri busome iyi nkuru turashyiramo link y’ikiganiro Ikinyamakuru Umusingi na TV Umusingi twagiranye na Nzabondora Alexandre waguze imodoka ye ya HIACE ariko aza kuyamburwa n’Abasirikare igihe hari intambara y’abacengezi igirwa Ambulance ihindurwa ibara ikajya itwara indembe zarasiwe ku rugamba nkuko abivuga.

Byamuviriyemo gufungwa azira imodka ye ubwo uwahoze ari Minisitiri w’Ubutabera Karugarama yandikiye Mary Baine wayoboraga RRA ngo bavuge ko iyo modoka ivugwa atari iya Nzabandora birakorwa bahita babwira Mary Gahonzire ko hari umuntu ufite ibyangombwa byibiryoga bityo aramufata arafungwa aregwa impapuro mpimbano.

Imodoka yari yaraguze mu ideni rya Bank yitwa BK bityo umwe mu bantu Nzabandora yahishe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ajya muri BK azana ibyangombwa byemeza ko imodoka ari iya Nzabandora Alexandre .

Kubera imodoka yari yatwawe n’Abasirikare Nzabandora agafungwa Bank ntiyabonye amafaranga yayo nkuko byari biteganijwe imodoka yari kujya ikora bityo Nzabandora akabona uko yishyura bank bityo biba ngombwa ko imitungo ye itezwa cyamunara.

Iyi nkuru yatambutse mu Kinyamakuru Umusingi gisohoka ku mpapuro ndetse no ku rubuga byose uko inkuru yagenze twarayisohoye ariko tukaba twongera kwibutsa Leta ko ikwiye kwishyura Nzabandora Alexandre imodoka ye kuko imyaka ishize ari myinshi.

Wowe usoma iyi nkuru ugerageze kuyisangiza abndi kuko akarengane ni kabi ndetse gatera akababaro n’agahinda ,ibaze bibaye ku mubyeyi wawe?Ibaze bikubayeho ugakora ushaka guteza imbere umuryango wawe udufaranga ubonye ukagura imodoka bakayigutwara ntibaguhe ingurane n’imitungo yawe igatezwa cyamunara?n’iyi mpamvu twse dukwiye kurwanya akarengane bityo dufatanye iyi nkuru tuyisangize abandi kugeza igeze kuri Perezida Kagame kuko niwe wamutabara agasubizwa imodoka ye.

Umva ikiganiro cya Nzabandora cyose

Mu nkuru Ikinyamakuru Umusingi kigeze gusohora twavuganye na Karugarama Tharcise tumubaza ikibazo cy’imodoka ya Nzabandora Alexandre atubwira ko icyo kibazo atakizi kandi iyo modoka atayitwaye ngo ayihe umugore we cyangwa umwana we.

Twagerageje gushakisha nimero za Mary Baine wayoboraga RRA kugirango tumubaze kuri iki kibazo nyuma yo kwandikira inzego abeshya ko ibyangombwa by’imodoka ya Nzabandora atari ibye ahubwo ari ibiryogo ntitwashobora kuzibona ndetse no kumbuga nkoranyambaga ntitwashoboye kumubona.

Twabibutse ko Mary Baine ari umugore wa Tom Byabagamba wahoze akuriye abasirikare barinda Perezida Kagame ubu akaba afunze mu gihe Karugarama Tharcise wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera nta kandi kazi afite.

Gatera Stanley

5,500 total views, 3 views today

About author

Related Articles

1 Comment

  1. RWEMERA May 5, 2023 at 12:49 pm

    Muraho neza!
    Itangazamakuru ntirikwiriye gukoreshwa nka propaganda cg x iturufu ya politiki. Niba koko dushaka ubutabera kuri iki kibazo wakabaye wadusabye gusangiza iyi nkuru inzego zishinzwe kurwanya akarengane nk’urwego rw’umuvunyi, perezidansi, n’izindi.
    Naho kuvuga ngo dusangize iyi nkuru inshuti zacu si inzira yo kwamagana akarengane ahubwo ni ugusebya leta gsa!
    Ndabizi ko iki gitekerezo mushobora kutagisangiza abandi ariko nizeye ko mwe mwabisomye kdi I’m open for your views against this if you have them!

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.